N' utagir' umwete mu nzira y' Imana

Agakiza 110

Verse 1
N' utagir' umwete mu nzira y' Imana, Ntabg' uzinjira mw ijuru Rindir' umutima mw ijambo ry' Imana, Ni ryo rizagukomeza Irembo ni rito ndetse n' inzira nto Wihangane rwose kugira ng' ucemo, Niwemere non' agakiza k' Imana Nibg' uzagera mw ijuru
Verse 2
Ibigusha byinshi biri mu rugendo Kandi bizanwa n' umwanzi Ushobora rwose kunesh' ibyo byose Bishaka kukudindiza Ntugakurikire ijwi wumva ryose Kuko byashobora kukuyoby' inzira Ukwiye kumenya ko Yes' agukunda Nawe witang' ukomeje
Verse 3
N' utizer' Imana ntuzajya mw ijuru Habe no guc' umutaru Kandi n' ubugingo ntabw' uzabubona Iryo n' ijambo ry' Imana Mu kwizera gusa ni ho wakirizwa N' ubu ndetse wumv' ijambo ry' agakiza Niwihan' ibyaha, wizer' Umukiza, Inzira y' ukuri n' iyo
Verse 4
Iman' irashaka ko bose bakizwa, Kandi bahabw' ubugingo Iraguha naw' umurage w' ijuru Nib' uwushakan' umwete, Kand' Iman' ikunda umutima wawe Yesu na we agashaka kuwukiza, Kand' Umwuka Wera aragukangura, Niba wumvir' uzahirwa