Waratubambiwe Mukiza ku giti

Agakiza 12

Verse 1
Waratubambiwe Mukiza ku giti: Ni wowe Pasaka yac' idukwiriye Warababajw' ubwo wavag' amaraso, Washakaga gukor' iby' Iman' ishaka Kandi wababariye n' i Getsemane, Arik' uhozwa n' ijambo ry' Ihoraho Mu gusenga kwawe wahaw' imbaraga Hanyuma urapf' uduhesh' agakiza
Verse 2
Mwami warakomerekejwe kubwanjye Wapfuye kugira ngo mbon' ubugingo Wariyibagiw' ub' ari jye wibuka, Ndetse wasengey' abakwish' urwo rupfu, Watuberey' igitambo gikwiriye, Ubgo wemeraga kutubabarirwa Wemeye gupfir' abantu bose mw isi Kandi byose ni kubg' urukundo rwawe
Verse 3
Noneho kumvikana n' Imana n' iki? N' ukubabarirw' umuvumo w' ibyaha Kweger' Imana byo bitwungur' iki se? Biduha guhinduk' inshuti z' Imana Noneho tebuk' uve mu byaha byawe Ubigaragarize byose mu mucyo Umukiza mwiz' arakubabarira, Arakubohora kand' aragufasha