Nowa ku ki wubak' iyo nkuge

Agakiza 38

Verse 1
Nowa ku ki wubak' iyo nkuge? Urakor' iby' umupfapfa rwose Dor' utuy' imusozi, kandi nta maz' ahari Iby' ukora biratuyobeye
Verse 2
Uwiteka ni we wabivuze, Yukw abagizi ba nabi bose Abujuj' is' ibyaha bazamarwa n' amazi Ayo maz' azabar' umwuzure
Verse 3
Bagir' inama yo kubazanya None Nowa yab' avug' ukuri Bati: Habe na gato, ntidukwiye kwemera, Twi komeze mu byo kwinezeza
Verse 4
Igihe na cyo gihita vuba Nowa yubakan' umwete rwose Bose bamurebaga ni ko bamusekaga Bati: Noneho Noa yasaze
Verse 5
Nowa yumvir' Iman' Ihoraho Yinjira muri ya nkuge vuba Yinjirana n' abandi bagiriw' imbabazi Ubw' Iman' ibakingir' urugi
Verse 6
Nukw abantu baraseka cyane Bakomanga ku rugi bavuga Bati: Nowa, sohoka Iyi mvur' irahita Wi tubeshya ng' uri mu rugendo
Verse 7
Ijuru risa n' iritobotse Ubwo ha gw' imvur' itey' ubwoba Bati: Turarimbutse nk' uko Nowa yavuze Dor' urupfu ruratuzengutse
Verse 8
Umv' ukw Imana yabashubije: Nowa yajyag' abigisha rwose Mubi gir' ibikino, mwanga kwumvir' intumwa Ni ryo teka muciriwe none
Verse 9
Nukw amaz' aterura ya nkuge Ireremba kuri wa mwuzure Abicaye mu nkuge bafitemw amahoro, Kugez' ubwo bazasohokamo
Verse 10
None natwe dufit' iyo nkuge: N' agakiza twahawe na Yesu Nib' ushak' amahoro, ngwino wihitiremo, Agakiz' ureke kurimbuka