Verse 1
Nta bgo nkwiye kujya niganyira,
Nibaz' ukw ejo nzaba merewe
Nzajya nibuka yukw Ihoraho
Imeny' ibyo byos' uko bingana
Ifit' umutima w' urukundo
Kukw ijy' intungish' ibinkwiriye
Umunezero n' umubabaro
Byos' abinzaniramw amahoro
Verse 2
Amba hafi ndetse buri munsi,
Kand' angerer' ubuntu bukwiye
Ajy' anyikorerer' imitwaro
Ni we Data kandi ni we Mana!
Nguk' ukw ajy' antunga buri munsi,
Ajy' andamira mur' ibyo byose
Buri muns' azajy' amp' imbaraga
Iryo n' isezerano yampaye
Verse 3
Mana yanjye, komez' ujy' umfasha
Ngutaramire ntez' icy' umbwira
Mpore nizey' ijambo wambwiye
Sinkabure ku mbaraga zawe
No mu bikomeye birih' ubu
undamburir' amaboko yawe
ump' imbaraga ku buntu bwawe
kugez' igih' uzaza kunjyana