Nifuza kuzagera muri wa murwa

Agakiza 80

Verse 1
Nifuza kuzagera muri wa murwa, Wo mw ijuru mwiza cyane Ariko se ko ntaz' inzir' ingezayo, Ni nd' ubasha kuyinyereka /: Ngwino vuba, ngwino vuba! Umukiz' arakwerek' inzira. :/
Verse 2
Ubwo najyaga ngendagend' uko nshaka Nih' umucyo wantunguye Uwo mucyo waramurikaga cyane Uturuka ku musaraba /: Natungu we n' uwo mucyo, Uwo mucyo wa ngezemo rwose. :/
Verse 3
Kand' ijwi ryaturutse mur' uwo mucyo, Riti; Niwambur' inkweto Kuko han' ugeze hahinduts' ahera Kand' Imana nay' ar' iyera /: None nsigaye nyoborwa Neza rwose n' iyo Mana yera. :/
Verse 4
Habab' umunezero mwinshi mw ijuru Umunyabyaha yihannye None Yesu naw' aragutegereje Kugira ngo wezwe mw iriba /: Ngwino we zwe, ngwino wezwe, Amaraso y' a rakweza rwose. :/
Verse 5
Kandimumenye ko azagaruka vuba. Azab' aje nk' umujura Nyir' inz' iy' ameny' igih' umujur' aza Yaba maso kugez' ubw' atibwa /: Mube maso, mube maso, Kuko mutaz' umunsi n' igihe. :/
Verse 6
Kandi mumenyc ko ngiye kuza vuba Nzaba nzanywe no guhemba Ibikwiranye n' umurimo w' umuntu /: Nimukomez' icyo mwahawe. Kor' ibyiza, kugira ngo Uzahembw' ibikwiranye na byo. :/
Verse 7
Najyanywe no kubatcgurir' aha nyu, Kugira ngo muzabeho Hariy' ibyicaro byinshi kandi byiza Mukwiriye kuzabyicaramo /: Nimusenge cyane cyanc Kugira ngo mutazaburayo. :/