Ibihe nseng' Uwiteka

Gushimisha 49

Verse 1
Ibihe nseng' Uwiteka Bintarura mu mpagarara, Ngo nigir' aho Dat' ari, Mmuganyir' ibyo nkennye byose Mu bihe by' umubabaro, Bimpumuriz' umutima Nsind' ubukana bg' umwanzi, Mu bihe byiza byo gusenga
Verse 2
Ibihe nseng' Uwiteka Binyemeza yukw asubiza Ategrej' abana be, Ngo bamusang' abakenure Ndamwihereje rwos' ubu Kuko yampamagay' ubge Niringiye bga buntu bge: Nogeze' ibihe byo gusenga
Verse 3
Guhora nseng' Uwiteka Kujye kummar' umubabaro, kugez' aho nzager' i We, Mmwirebere ngeze mw ijuru Niyambuy' umubir' upfa, Nambaye kudapf' iteka; Ubgo ni bgo nzasezera Ku bihe byiza byo gusenga